Perezida w’u Burundi akajije umurego mu kwikoma u Rwanda arushinja ibinyoma
Post on: 28 September 2020
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi aravuga ko niba rushaka kongera kubana neza n’igihugu ayoboye rwazabanza rugatanga abashatse guhirika ubutegetsi mu Burundi bakabihanirwa, ngo kuko hari bamwe muri bo rucumbikiye. Ni mu gihe u Rwanda rutahwemye kwamagana ibi bivugwa n’ubutegetsi bw’u Burundi, aho rwagiye rugaragaza ko rutigeze rugira uruhare na ruto mu bibazo by’Abarundi, ndetse ko nta n’ababigizemo uruhare rucumbikiye.