Breaking News

DR Congo: Abaturage i Beni bigaragambije ngo MONUSCO ive mu gihugu cyabo

DR Congo: Abaturage i Beni bigaragambije ngo MONUSCO ive mu gihugu cyabo
Hanze y’u Rwanda

Abaturage bo mu gace ka Beni mu burasirazuba bwa DR Congo baramukiye mu myigaragambyo bamagana ubutegetsi n’ingabo za ONU ziri muri aka gace ko badashoboye kubarinda ubwicanyi bari gukorerwa n’inyeshyamba za ADF.

Babanje gutwika ibiro bya komine ya Beni muri iki gitondo bakomereza ku biro by’ingabo za MONUSCO biri ahitwa Boikene muri Beni naho barahatwika nk’uko umunyamakuru wa BBC muri aka gace abivuga.

Umunyamakuru wa BBC Byobe Malenga avuga ko aba baturage basaba ko izi ngabo za MONUSCO ziva mu gihugu cyabo mu gihe kitarenze amasaha 42 kuko

Hari amakuru avuga ko abantu babiri bamaze kugwa muri iyi myigaragambyo, nta mibare y’ubutegetsi iratangazwa ku biri kubera Beni.

Abantu bagera kuri 75 bamaze kwicwa kuva tariki 05 z’uku kwezi mu gace ka Beni nk’uko bitangazwa n’umuryango utegamiye kuri leta Groupe d’Etude du Congo (GEC) na Human Right Watch hamwe.

Iyi mibare irimo imibiri y’abantu batandatu babonywe ejo ku cyumweru mu mujyi wa Beni bivugwa ko nabo bishwe na ADF, bikekwa ko ari nabo babaye imbarutso y’iyi myigaragambyo.

Tariki 30/10 ingabo za leta ya DR Congo zatangije imirwano yo kurandura umutwe wa ADF muri aka gace ka Beni, izi nyeshyamba mu kwihimura ziraye mu baturage zirabica.

François Grignon intumwa yungirije y’umunyamabanga mukuru wa ONU ishinzwe ibikorwa byo kurengera abantu avuga ko ’ingabo za DR Congo zitigeze zishyira MONUSCO mu bikorwa byo kurwanya ADF".

Bwana Grignon avuga ko ingabo za MONUSCO zifasha gusa mu gutabara aho bikenewe ariko zidafatanyije n’iza leta mu bikorwa byo kurwanya ADF kuko zitabitumiwemo.

Abigaragambya i Beni barashinja MONUSCO na leta ubufatanyacyaha mu bwicanyi bari gukorerwa n’inyeshyamba za ADF nk’uko byumvikana mu majwi yahanahanywe ku mbuga nkoranyambaga.

Ingabo za MONUSCO zimaze imyaka 15 zikorera mu burasirazuba bwa DR Congo, agace kavugwamo imitwe y’inyeshyamba inyuranye irwanya ubutegetsi muri aka karere, agace kandi gacukurwamo amabuye y’agaciro.

8766 0
Usubiza:
pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Contact

KIGALI/NYARUGENGE

+250783046313

+250788251903

info@imirasire.com

Follow Us
Newsletter
amakuru ni uberenganzira bwanyu kuyamenya natwe turasiye hirya no hino kubwanyu

© 2017 - 2026 Imirasire.rw. All Rights Reserved. Design by IMIRASIRE