Al Hilal SC yashimiye Abanyarwanda bayibanye inyuma mu mikino ya CAF Champions League

Al Hilal SC yashimiye Abanyarwanda bayibanye inyuma mu mikino ya CAF Champions League
Imikino

Ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani yabonye itike yo gukina imikino ya ¼ cya CAF Champions League, yashimiye Abanyarwanda bayibaye inyuma muri iri rushanwa.

Ni ubutumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, tariki ya 14 Gashyantare 2026, nyuma yo gutsindira Saint-Éloi Lupopo kuri Stade Amahoro igitego 1-0.

Ni umukino wahujwe n’uwa Shampiyona y’u Rwanda wahuje APR FC na Kiyovu Sports, byongera umubare w’abakunzi b’umupira w’amaguru bawitabiriye, dore ko wari n’uwa nyuma mu Itsinda C rya CAF Champions League.

Mu gihe yarimo yishimira intambwe yateye yo kugera muri ¼ cy’iri rushanwa rihuza amakipe akomeye muri Afurika irushije andi makipe akomeye arimo na Mamelodi Sundowns byakomezanyije, yagize iti: “Murakoze Rwanda”.

Aya magambo kandi yari yagaragaye ku byapa Abanya-Sudani baba mu Rwanda bari bitwaje mu kibuga berekana ko ruri kugira uruhare mu kwitwara neza kw’ikipe yabo ndetse n’Abanyarwanda bakayiba inyuma ku bwinshi.

Al Hilal SC ni imwe mu makipe yo muri Sudani ari gukina muri Shampiyona y’u Rwanda nyuma y’ibibazo by’umutekano muke biri mu gihugu cyabo, ikanakirira imikino yayo mpuzamahanga i Kigali.

Nyuma y’imikino 16 imaze gukina, iyoboye Rwanda Premier League n’amanota 38, ikayanganya na APR FC ya kabiri, gusa amakipe yombi agatandukanira ku bitego, aho imwe izigamye 31 indi 12.

315 0
Usubiza:
pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Contact

KIGALI/NYARUGENGE

+250783046313

+250788251903

info@imirasire.com

Follow Us
Newsletter
amakuru ni uberenganzira bwanyu kuyamenya natwe turasiye hirya no hino kubwanyu

© 2017 - 2026 Imirasire.rw. All Rights Reserved. Design by IMIRASIRE