Ibi yabigezeho itsinze Atlético Madrid igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wa 1/2 wabaye nyuma y’uko amakipe yombi yari yanganyije 1-1 mu mukino ubanza wabereye muri Espagne, bikayiha gukomeza ku giteranyo cy’ibitego 2-1.
Arsenal itozwa na Mikel Arteta yakinnye umukino ugaragaza ubwitonzi n’ubushishozi, yirinda amakosa mu bwugarizi ndetse inakoresha neza amahirwe yabonye.
Nubwo habonetse igitego kimwe gusa, cyari gihagije kugira ngo iyi kipe ibone itike iyerekeza ku mukino wa nyuma, ikintu cyari kimaze igihe kirekire kidakorwa n’iyi kipe yo mu majyaruguru ya Londres.
Mu mateka yayo, Arsenal ntabwo irigera yegukana igikombe cya Champions League.
Iheruka kugera ku mukino wa nyuma mu 2006, aho yatsinzwe na FC Barcelona ibitego 2-1.
Icyo gihe yari yakoze amateka yo kuba ikipe ya mbere yo mu mujyi wa Londres igeze ku mukino wa nyuma, ndetse inashyiraho agahigo ko kumara imikino 10 yikurikiranya itinjizwa igitego muri iri rushanwa.
Arsenal kandi ifite uburambe muri iri rushanwa, aho imaze gukina imikino irenga 200, igatsinda irenga 100.
Yanagaragaje kwitwara neza mu bihe byashize, aho yitabiriye iri rushanwa imyaka 19 yikurikiranya hagati ya 1998 na 2017, ibintu byayigize imwe mu makipe akomeye i Burayi muri icyo gihe.
Muri uyu mwaka w’imikino wa 2025/26, Arsenal yagaragaje urwego rwo hejuru cyane, igera ku mukino wa nyuma idatsinzwe mu mikino myinshi yayibanjirije, ibintu bigaragaza ko yongeye kwisubiza ku rwego rwo guhatanira ibikombe bikomeye ku mugabane w’u Burayi.
Ku mukino wa nyuma, Arsenal itegereje kumenya uwo izahura na we hagati ya Bayern Munich na Paris Saint-Germain zizacakirana mu mukino wa 1/2 wa nyuma.
Uyu mukino wa nyuma uzaba ari amahirwe akomeye kuri Arsenal yo kugerageza kwegukana igikombe cya Champions League ku nshuro ya mbere mu mateka yayo, ibintu byayishyira mu rwego rwo hejuru mu makipe akomeye ku isi.




