Uyu mukino wari urimo guhangana gukomeye ku mpande zombi, aho Cape Verde yaje muri iri rushanwa ifatwa nk’aho ari cyo gihugu cyoroshye mu makipe yaserukiye umugabana w’Afrika, yagaragaje ishyaka n’imikinire myiza yatunguye benshi mu bakunzi ba ruhago, bituma Argentine ibanza kugorwa no kubona ibisubizo byoroshye mu kibuga.
Argentine ni yo yafunguye amazamu, ariko Cape Verde yihutiye kwishyura ndetse igaragaza ko itaje mu mukino nk’iyicaye inyuma.
Iminota 90 isanzwe y’umukino yarangiye amakipe yombi anganya, bituma hitabazwa iminota 30 y’inyongera (extra time).
Mu minota y’inyongera ni bwo ubunararibonye bwa Argentine bwagaragaye, ibasha kubona igitego cy’intsinzi cyayihesheje intsinzi nyuma y’umukino w’iminota 120 yuzuye guhatana.
Nubwo Argentina yatsinze, uyu mukino wasize isomo rikomeye ko nta kipe iciriritse mu marushanwa nk’aya, cyane cyane iyo igeze mu cyiciro cyo gukuranamo.
Argentina ikomeje, ariko nyuma yo kubanza kubira icyuya, bikarangira bisabye iminota 120 yose kugira ngo ibone intsinzi imbere ya Cape Verde, yafatwaga nk’aho yoroheje kurusha izindi.




