Breaking News

CECAFA Kagame Cup 2026: Vipers FC yatsinze Gor Mahia ifata mwanya wa mbere mu itsinda A

CECAFA Kagame Cup 2026: Vipers FC yatsinze Gor Mahia ifata mwanya wa mbere mu itsinda A
Imikino

Ikipe ya Vipers FC yo muri Uganda ifashe umwanya wa mbere by’agateganyo mu Itsinda A rya CECAFA Kagame Cup 2026 nyuma yo gutsinda Gor Mahia FC yo muri Kenya igitego 1-0 cyabonetse mu minota y’inyongera, bituma yuzuza amanota atandatu mu mikino ibiri.

Uyu mukino w’umunsi wa kabiri wabereye kuri Kigali Pele Stadium, uhuza hamwe amakipe yari yatsinze imikino yayo ibanza, aho Vipers FC yari yanyagiye Garde Républicaine ibitego 3-0, mu gihe Gor Mahia FC yari yasebeje APR FC iyitsinda ibitego 5-0.

Kubera iyo ntsinzi y’amakipe yombi mu mukino ubanza, uwari butsinde uyu mukino yagombaga guhitaga afata umwanya wa mbere mu itsinda.

Umukino watangiye amakipe yombi afite ubushake bwo kubona amanota atatu, ariko Vipers FC igaragaza gukina neza no kurema uburyo bwinshi bw’ibitego, nubwo ubwugarizi bwa Gor Mahia bwakomeje kwitwara neza.

Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa (0-0).

Mu gice cya kabiri, abatoza b’amakipe yombi bakoze impinduka bagamije kongera imbaraga mu busatirizi, ariko iminota 90 isanzwe y’umukino irangira amakipe anganya.

Mu gihe umusifuzi yari yongeyeho iminota ine, Gusto Mulongo yaje gutsindira Vipers FC igitego cy’umutwe ku munota wa gatatu w’inyongera, nyuma y’umupira mwiza wari uturutse ku ruhande.

Iki gitego ni cyo cyahesheje Vipers FC intsinzi ya kabiri yikurikiranya ndetse gihita kiyishyira ku mwanya wa mbere w’Itsinda A n’amanota atandatu.

Ku rundi ruhande, Gor Mahia FC yagumanye amanota atatu, mu gihe APR FC na Garde Républicaine zigiye guhangana mu mukino wazo wa kabiri, zikaba zari zitarabona inota na rimwe mu itsinda A.

Nyuma y’uyu mukino, Vipers FC izasozanya imikino yo mu matsinda na APR FC, mu gihe Gor Mahia FC izacakirana na Garde Républicaine mu mukino uzagena uko amakipe azakomeza mu cyiciro gikurikiraho.

Intsinzi ya Vipers FC isobanuye ko yamaze gushyira igitutu ku yandi makipe yo muri iri tsinda, cyane cyane APR FC, isabwa gutsinda imikino yayo isigaye kugira ngo igire amahirwe yo kugera muri 1/2 cy’irangiza cy’irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026, ariko ikaba issabwa kwwinjiza nibura ibitego berenze 4 mu mukino igiye guhuriramo na Garde Républicaine.

135 0
Usubiza:
pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Contact

KIGALI/NYARUGENGE

+250783046313

+250788251903

info@imirasire.com

Follow Us
Newsletter
amakuru ni uberenganzira bwanyu kuyamenya natwe turasiye hirya no hino kubwanyu

© 2017 - 2026 Imirasire.rw. All Rights Reserved. Design by IMIRASIRE