Eric Semuhungu akurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato

Eric Semuhungu akurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato
Imyidagaduro

Dosiye ya Semuhungu Eric uherutse gutabwa muri yombi, yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha ku wa 14 Mata 2026, aho akurikiranyweho ibyaha bitatu bikomeye birimo icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry, yemeje aya makuru avuga ko iperereza ry’ibanze ryarangiye, dosiye igahita ishyikirizwa Ubushinjacyaha kugira ngo itangire gukurikiranwa mu mategeko.

Yagize ati: “Semuhungu Eric yatawe muri yombi ku wa 9 Mata 2026, akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, gushyira ahagaragara amashusho y’imikoreshereze y’ibitsina hakoreshejwe mudasobwa cyangwa urusobe rwa internet, ndetse n’icyaha cyo gusebanya.”

Ibyaha akurikiranyweho n’ibihano biteganywa

Icyaha cya mbere akurikiranyweho ni icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, giteganywa n’ingingo ya 134 y’itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange. Uhamijwe n’urukiko iki cyaha, ahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka 10 na 15, ndetse n’ihazabu iri hagati ya miliyoni 1 na miliyoni 2 z’amafaranga y’u Rwanda.

Hari kandi icyaha cyo gushyira ahagaragara amashusho yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina hakoreshejwe ikoranabuhanga, giteganywa n’ingingo ya 34 y’itegeko rijyanye no gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga. Uhamijwe n’urukiko iki cyaha, ahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka 3 na 5, ndetse n’ihazabu iri hagati ya miliyoni 1 na miliyoni 3 z’amafaranga y’u Rwanda.

Icyaha cya gatatu ni icyo gukangisha gusebanya, giteganywa n’ingingo ya 129 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange. Uhamijwe n’urukiko iki cyaha, ashobora guhanishwa igifungo kiri hagati y’umwaka umwe n’imyaka itatu, ndetse n’ihazabu iri hagati y’ibihumbi 100 na 300 by’amafaranga y’u Rwanda.

1215 0
Usubiza:
pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Contact

KIGALI/NYARUGENGE

+250783046313

+250788251903

info@imirasire.com

Follow Us
Newsletter
amakuru ni uberenganzira bwanyu kuyamenya natwe turasiye hirya no hino kubwanyu

© 2017 - 2026 Imirasire.rw. All Rights Reserved. Design by IMIRASIRE