Breaking News

EU igiye guha u Rwanda miliyari 67 zo guteza imbere ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ibihe

EU igiye guha u Rwanda miliyari 67 zo guteza imbere ubuhinzi buhangana n'imihindagurikire y'ibihe
Mu Rwanda

Guverinoma y’u Rwanda n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) bashyize umukono ku masezerano y’inkunga ingana na miliyari 67 z’amafaranga y’u Rwanda (miliyoni 40 z’Amayero), azafasha mu gushyira mu bikorwa gahunda ya Hangaribihe, igamije guteza imbere ubuhinzi buhangana n’ihindagurika ry’ibihe, kongera umusaruro no kubungabunga ibidukikije.

Aya masezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa 4 Kanama 2026, akaba azafasha mu ishyirwa mu bikorwa ry’iyi gahunda izamara imyaka ine, ikazageza mu mwaka wa 2029, aho biteganyijwe ko ibikorwa byayo bizibanda cyane mu turere dusanzwe twibasirwa n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe, by’umwihariko utwo mu Ntara y’Iburasirazuba no mu Ntara y’Amajyepfo.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yavuze ko aya mafaranga azakoreshwa mu bikorwa bibiri by’ingenzi bizafasha kongera umusaruro w’ubuhinzi no guteza imbere uburyo bugezweho bwo gutunganya umusaruro.

Yagize ati: "Birimo kongera umusaruro ndetse no kubona ibikoresho bihagije byo gutunganya umusaruro, hitabwa cyane ku bahinzi bato, amakoperative, abagore, urubyiruko n’abakora ubucuruzi buto n’ubuciriritse. Ikindi ni uguteza imbere ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ikirere ndetse bubungabunga ibidukikije."

Yasobanuye ko iyi gahunda izafasha kuzamura ubushobozi bw’abahinzi bato, kongerera agaciro umusaruro no gushyigikira ibikorwa bifasha urwego rw’ubuhinzi guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Rwanda, Belén Calvo Uyarra, yavuze ko ubu bufatanye bukomeza umubano usanzwe hagati ya EU n’u Rwanda, ariko ko kuri iyi nshuro hibandwa cyane ku guteza imbere ubuhinzi burengera ibidukikije kandi buhangana n’ihindagurika ry’ibihe.

Yagize ati: "Iyi gahunda ifite agaciro ka miliyoni 40 z’Amayero yerekana uruhare rwacu mu guteza imbere ubuhinzi. Twishimiye ko muri iyi gahunda tuzabasha gushyiraho ibikorwa bitandukanye bibungabunga ibidukikije ariko biteza imbere n’urwego rw’ubuhinzi."

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Ndabamenye Telesphore, yavuze ko iyi nkunga izunganira gahunda zisanzwe zashyizweho na Guverinoma zirimo kongera ubuso buhira, kuzamura umusaruro mu byanya byagenewe ubuhinzi (Food Basket Sites), no guteza imbere ibikorwa byo guhinga ku butaka bwatunganyijwe.

Yagaragaje ko intego ari ugukomeza kuzamura umusaruro kuri hegitari hifashishijwe uburyo bushya bujyanye no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.

Ati: "Tuvuga ko tuzamura umusaruro cyane kuri hegitari. Kugira ngo uwo musaruro uboneke hari uburyo bushya bugomba gushyirwa mu bikorwa kugira ngo uwo musaruro twifuza tuwubone, bigendanye n’ibi bibazo tugira by’imihindagurikire y’ibihe, imvura igwa itunguranye, imvura igwa ari nyinshi cyangwa ari nke. Ikigambiriwe rero ni uguhangana n’ibyo byose umusaruro ukaboneka."

Yakomeje avuga ko uyu mushinga uzakomeza no gushyigikira ibikorwa byo kubungabunga ubutaka n’ibidukikije, birimo gutera ibiti mu mirima, kurwanya isuri ndetse no guteza imbere amoko y’ibihingwa ashobora kwihanganira ihindagurika ry’ibihe.

Ati: "Uyu mushinga uzakomeza kunganira ibikorwa byari bihari bijyanye no gutera ibiti mu myaka, kurwanya isuri, ndetse no gushaka andi moko mashya y’ibihingwa byihanganira imihindagurikire y’ibihe, kugira ngo tubashe kubona umusaruro uturutse ku bihingwa ariko nanone twita ku bidukikije."

Gahunda ya Hangaribihe izunganira ishyirwa mu bikorwa rya Gahunda ya Kabiri y’Igihugu yo Kwihutisha Iterambere (NST2) ndetse na Gahunda ya Gatanu y’Iterambere ry’Ubuhinzi (PSTA 5), hagamijwe kubaka ubuhinzi burambye, bwongera umusaruro kandi bushobora guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe mu Rwanda.

171 0
Usubiza:
pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Contact

KIGALI/NYARUGENGE

+250783046313

+250788251903

info@imirasire.com

Follow Us
Newsletter
amakuru ni uberenganzira bwanyu kuyamenya natwe turasiye hirya no hino kubwanyu

© 2017 - 2026 Imirasire.rw. All Rights Reserved. Design by IMIRASIRE