Ibi yabigarutseho kuri uyu wa 21 Werurwe 2026, mu kiganiro yagiranye na Radio Rwanda, aho yagarutse ku bijyanye n’imiyoborere y’ikipe ndetse n’icyerekezo cyo gushaka umutoza mushya nyuma yo gutandukana na Bruno Ferry.
Murenzi Abdallah yavuze ko amakuru ajyanye na Haringingo yayabonye nk’abandi ku mbuga nkoranyambaga, ariko ko nta shingiro afite, kuko uyu mutoza asanzwe afite ikipe atoza.
Yagize ati: “Amakuru nanjye nayabonye ku mbuga nkoranyambaga, ariko hari n’abandi batoza si we wenyine. Dufite amahirwe yo gushaka umutoza ariko Haringingo ni umutoza wa Kiyovu Sports, ari mu rugamba rwo kugira ngo iyi kipe yitware neza muri Shampiyona, hari n’abo numvise bavuga abandi batoza bafite amakipe. Ntekereza ko abo bafite amasezerano, kuzajya mu rubanza rw’umuntu ufite amasezerano byazatuvuna kurenza gushaka umutoza udafite inshingano.”
Yakomeje asobanura ko Rayon Sports iri kwiyubaka igamije kuba ikipe ikomeye mu gihe kirekire, bityo hakenewe umutoza uzahuza n’uwo mushinga aho kujya mu bibazo by’amasezerano y’abandi.
Ati: “Turanavuga ngo ese mu cyerekezo cyo kubaka Rayon Sports ikomeye mu myaka itatu, itanu cyangwa icumi, turashaka umutoza umeze gute uzatujyana muri uyu mushinga? Rero abo batoza bafite amasezerano ntabwo dukwiriye kujya gukemura ibibazo by’amasezerano y’ahandi kandi dushobora kubona abadafite amasezerano.”
Ku bijyanye n’uwari umutoza mukuru, Bruno Ferry, Murenzi Abdallah yavuze ko gutandukana na we byakozwe mu bwumvikane, bityo ko nta kibazo cy’amategeko gitegerejwe.
Yagize ati: “Tumaze kumvikana twamusabye ko ari we ugaragaza ubushake, yarabikoze natwe turabimwemerera ariko dukurikije n’ibyo twari twaganiriye, n’ibyo tumugomba tuzabimuha. Nibaza rero ko nta rubanza rurimo aho kuko twari twabanje kubirebana ubushishozi.”
Kugeza ubu, Rayon Sports iri gutozwa by’agateganyo na Romami Marcel, ari na we uzatoza umukino uzayihuza na Gasogi United ku Cyumweru tariki 22 Werurwe 2026 kuri Sitade Amahoro.
Ubuyobozi bw’iyi kipe buvuga ko buri gushakira hamwe umutoza uzafasha Rayon Sports kugera ku ntego zayo z’igihe kirekire, aho bashyize imbere kubaka ikipe ikomeye kandi ishobora guhatana mu marushanwa atandukanye.


