Polisi yemeje ko yafunze Ariel Wayz na Babo

Polisi yemeje ko yafunze Ariel Wayz na Babo
Imyidagaduro

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umuhanzikazi Barbara Teta uzwi ku izina rya Babo na Uwayezu Ariel uzwi nka Ariel Wayz bafunze.

Amakuru avuga ko aba bahanzi batawe muri yombi mu ijoro ryo ku wa 5 rishyira ku wa 6 Nzeri 2025 barengeje amasaha y’akabari ubundi baza no gupimwa ibiyobyabwenge ari na byo bakurikiranyweho gukoresha.

Ibi byagize ingaruka ku rugendo Ariel Wayz yari ari kwitegura gukorera muri Kenya aho yari afite ibikorwa bya muzika birimo kuhakorera indirimbo kuko byari byitezwe ko tariki 6 Nzeri 2025 yagombaga kuba yagiye ariko birangira bitabaye.

Umuvugizi wa Polisi, ACP Rutikanga Boniface, yahamije ko aba bombi bafunzwe, gusa ibijyanye n’ibyaha baba bakekwaho yirinze kugira icyo abivugaho, ngo kuko birera Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB).

Ati “ Twe icyo dukora ni uburinzi, turabacumbikiye, ariko iki ni ikibazo cya RIB .”

1233 0
Usubiza:
pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Contact

KIGALI/NYARUGENGE

+250783046313

+250788251903

info@imirasire.com

Follow Us
Newsletter
amakuru ni uberenganzira bwanyu kuyamenya natwe turasiye hirya no hino kubwanyu

© 2017 - 2026 Imirasire.rw. All Rights Reserved. Design by IMIRASIRE