Abo bakekwaho iki cyaha ni Twizerimana Vincent w’imyaka 25 na Mutabazi Daniel w’imyaka 24, bakaba basanzwe bakorera uburobyi muri aka gace. Ibi byabereye mu Murenge wa Boneza Sector, Akagari ka Bushaka, Umudugudu wa Rutagara, ku kirwa cya Bugarura aho bari bacumbitse, ku mugoroba wo ku wa 27 Mata 2026.
Amakuru yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Boneza, Muhizi Munyamahoro Patrick, wavuze ko aba basore bakekwaho gukubita mugenzi wabo ku kuboko mu gihe bari bagiye gutsura ubwato ngo bajye kuroba isambaza, bikamuviramo kugwa mu mazi.
Yagize ati: "Nyuma yo gushyamirana bagiye gutsura ubwato, bamukubise ingashyi ku kuboko agwa mu mazi y’Ikiyaga cya Kivu. Hitabajwe Polisi ishami ryo mu mazi, imukuramo yamaze gupfa."
Aba bakekwaho icyaha bahise bafatwa bashyikirizwa inzego z’umutekano, mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane neza uko byagenze n’uruhare rwa buri wese muri uru rupfu.
Ubuyobozi bw’uyu murenge bwasabye abaturage kwirinda amakimbirane ashobora kuvamo ibyago nk’ibi, bushishikariza abafitanye ibibazo kujya begana inzego zibegereye bagafashwa kubikemura mu mahoro.
Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Murunda, mu gihe hagitegerejwe ibyavuye mu iperereza.

