Taleb utoza APR FC asanga gutakaza amanota mu mikino itatu ikurikirana nta gitangaza kirimo

Taleb utoza APR FC asanga gutakaza amanota mu mikino itatu ikurikirana nta gitangaza kirimo
Imikino

Umutoza wa APR FC, Abderrahim Taleb, asanga gutakaza amanota mu mikino itatu ikurikirana nta gitangaza kirimo, asaba abakunzi b’iyi kipe kudakabiriza ibiri kuba kuko ngo ari ibintu bisanzwe mu mupira w’amaguru.

Ibi yabitangaje nyuma y’uko APR FC inganyije na Kiyovu Sports igitego 1-1 mu mukino w’Umunsi wa 20 wa Shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro, kuri uyu wa 14 Gashyantare 2026, aho uyu mukino wari aye wa gatatu wikurikiranya ikipe y’Ingabo itabona amanota yuzuye, nyuma yo kunganya na Bugesera FC no gutsindwa na Al Hilal SC ibitego 2-0.

Taleb yavuze ko ibihe nk’ibi bibaho no ku makipe akomeye ku Isi, atanga urugero rwa FC Barcelona iheruka gutsindwa ibitego 4-0, ashimangira ko bidakwiye gutuma abafana bacika intege.

Yagize ati: “Nta mpamvu yo gukuba ibintu cyangwa ngo tubigire ibidasanzwe. Amakipe yose anyura mu bihe bigoye. Turacyari mu rugamba kandi turacyari mu myanya itwemerera guhatanira igikombe.”

Uko uyu mukino wa APR FC na Kiyovu Sports yagenze

Mu mukino wa APR FC na Kiyovu Sports, amakipe yombi yatangiye acungana, igice cya mbere kirangira nta gitego kirimo.

Mu gice cya kabiri, ku munota wa 81, Harerimana Abdoulaziz ‘Rivaldo’ yafunguye amazamu ku ruhande rw’Urucaca, ariko ku munota wa 90+1 Denis Omedi atsindira APR FC igitego cyo kwishyura ku ishoti rikomeye ryaturutse kure.

Kunganya uyu mukino byatumye APR FC iguma ku mwanya wa kabiri n’amanota 38, inganya na Al-Hilal SC ariko zigatandukanywa n’ibitego, mu gihe Kiyovu Sports iri ku mwanya wa gatanu n’amanota 32.

Taleb agaragaza ko impamvu zatumye batabona intsinzi zirimo umunaniro w’imikino myinshi kuko bakinnyemo itandatu mu minsi 12 gusa, ndetse n’uburwayi bw’ibicurane bwibasiye bamwe mu bakinnyi b’ingenzi.

Yemeza ko ibi ari ibibazo biri gukemurwa kandi ko bidakwiye gufatwa nk’iherezo ry’inzozi zo gutwara igikombe.

Ati: “Icyo dusaba abafana ni ugukomeza kudushyigikira. Ikipe ifite ubushobozi bwo gusubira ku murongo, kandi gutakaza amanota mu mikino itatu si igitangaza cyangwa ikibazo kidasanzwe.”

Mu manota icyenda y’imikino itatu iheruka gukina, APR FC yabonyemo amanota abiri. Yanganyije na Kiyovu Sports na Bugesera FC ibitego 2-2 mu gihe yatsinzwe na Al-Hilal SC ibitego 2-0.

Indi mikino yabaye:

Bugesera FC 3-1 Gorilla FC

Marines FC 1-1 Gicumbi FC

180 0
Usubiza:
pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Contact

KIGALI/NYARUGENGE

+250783046313

+250788251903

info@imirasire.com

Follow Us
Newsletter
amakuru ni uberenganzira bwanyu kuyamenya natwe turasiye hirya no hino kubwanyu

© 2017 - 2026 Imirasire.rw. All Rights Reserved. Design by IMIRASIRE