Breaking News

U Bwongereza bwegukanye umwanya wa gatatu mu Gikombe cy’Isi cya 2026 butsinze u Bufaransa 6-4

U Bwongereza bwegukanye umwanya wa gatatu mu Gikombe cy'Isi cya 2026 butsinze u Bufaransa 6-4
Imikino

Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza yegukanye umwanya wa gatatu mu Gikombe cy’Isi cya 2026 nyuma yo gutsinda u Bufaransa mu mukino waranzwe n’imvura y’ibitego ndetse n’ihangana rikomeye kugeza ku munota wa nyuma, aho batsindanye ibitego 6-4 mu minota 90 y’umukino.

Uyu mukino wari uwo gushaka ikipe isoza ku mwanya wa gatatu muri iri rushanwa, aho amakipe yombi yari yatsindiwe ku mikino ya 1/2, agasigara aharanira gusoreza imikino y’Igikombe cy’Isi 2026 ari mu mwanya w’icyubahiro.

Ubwongereza bwatangiye umukino neza cyane, busatira izamu ry’u Bufaransa kuva ku munota wa mbere. Ku munota wa 3, Declan Rice yafunguye amazamu atsindira u Bwongereza igitego cya mbere.

Ku munota wa 18, Ezri Konsa yatsinze igitego cya kabiri cy’u Bwongereza nyuma y’umupira mwiza yari ahawe na Declan Rice.

Bukayo Saka yaje gutsindira u Bwongereza ibindi bitego bibiri ku munota wa 37 n’uwaa 45+1, ku mupira byiza yahawe na Marcus Rashford na Eberechi Eze.

Igice cya mbere cyarangiye Ubwongereza buyoboye umukino ku bitego 4-0, ibintu byagaragazaga ko bwari buri mu mwanya mwiza wo kwegukana intsinzi.

Mu gice cya kabiri ariko, u Bufaransa bwagarutse bufite imbaraga ndetse bufite n’ishyaka ryo kwishyura, biza no kubahira Kylian Mbappé afungura amazamu ku munota wa 48 nyuma y’umupira yari ahawe na Michael Olise.

Bradley Barcola yatsinze icya kabiri ku munota wa 54, Mbappé yongera kwinjiza igitego cya gatatu ku munota wa 66, nabwo ahawe umupira na Olise.

Kugeza kuri uyu munota abantu benshi bari batangiye kubona ko u Bufaransa bushobora kwishyura ibitego byose bikaba biba intsinzi.

U Bufaransa bwakomeje gusatira bushaka kunganya, ariko u Bwongereza bwongera kubona igitego ku munota wa 87 kuri penaliti yatewe na Bukayo Saka, bituma umukino uba 5-3.

Mu minota y’inyongera, u Bufaransa bwongeye kugabanya ikinyuranyo ubwo Ousmane Dembélé yatsindaga igitego ku munota wa 90+6 ku mupira yari ahawe na Dayot Upamecano.

Ariko ku munota wa 90+8, Jude Bellingham yatsindiye Ubwongereza igitego cya gatandatu, ashyira iherezo ku nzozi z’Abafaransa, bari bafitanye icyizere cyo gushaka igitego cyo kunganya ngo bajye mu minota 30 y’inyongera.

Umukino warangiye Ubufaransa 4-6 Ubwongereza, bituma Ubwongereza bwegukana umudali w’umuringa, busoza ku mwanya wa gatatu mu Gikombe cy’Isi cya 2026.

Uyu kandi ni umukino usize Kylian Mbappé ayoboye urutonde rw’abamaze gutsinda ibitego byinshi muri iri rushanwa aho yinjije ibitego 10, hakaba bategerejwe niba Lionel Messi azabasha kubona ibitego birenze 2 ku mukino wa nyuma uzahuza Argentine na Esipanye kuri iki cyumweru, kugira ngo anyure kuri Kylian Mbappé.

324 0
Usubiza:
pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Contact

KIGALI/NYARUGENGE

+250783046313

+250788251903

info@imirasire.com

Follow Us
Newsletter
amakuru ni uberenganzira bwanyu kuyamenya natwe turasiye hirya no hino kubwanyu

© 2017 - 2026 Imirasire.rw. All Rights Reserved. Design by IMIRASIRE