Breaking News

Urujijo ku mubano wa Bruce Melodie na Coach Gael

Urujijo ku mubano wa Bruce Melodie na Coach Gael
Mu Rwanda

Ubutumwa bugufi umuhanzi Bruce Melodie yashyize ku mbuga nkoranyambaga bugira buti "Coach akeneye Coach!" bwongeye gukongeza urujijo ku mubano we na Coach Gael, mu gihe hashize iminsi humvikana amakuru avuga ko aba bombi bashobora kuba batakiri guhuza neza mu mikoranire yabo, nubwo nta n’umwe urabyemeza ku mugaragaro.

Bruce Melodie yanditse aya magambo ku mbuga nkoranyambaga ze, ahita akurura ibitekerezo byinshi by’abakurikiranira hafi imyidagaduro. Benshi bahise bayafata nk’ubutumwa bwerekana ko hari ibitagenda neza hagati ye n’umujyanama we umaze imyaka itanu amufasha mu rugendo rw’umuziki.

Nubwo aya magambo yakomeje kuvugisha benshi, Bruce Melodie ntiyasobanuye icyo yashakaga kuvuga, bituma abakunzi be bakomeza kuyasesengura mu buryo butandukanye.

Uru rujijo ruje rwiyongera ku makuru amaze igihe avugwa ko umubano wa Bruce Melodie na Coach Gael ushobora kuba warajemo agatotsi. Gusa, igihe umuhanzi yabazwaga kuri ayo makuru mu bihe byashize, yakomeje kuyahakana, avuga ko nta kibazo kiri hagati yabo.

Hari kandi abakomeje guhuza ubu butumwa n’amafoto ndetse n’amashusho aherutse gukwirakwira agaragaza Coach Gael ari kumwe na The Ben nyuma y’igitaramo Summer Country Tour cyabereye i Bugesera. Bombi bagaragaye mu birori bya After Party byabereye muri Goldonne Sonne Hotel, ibintu byatumye bamwe bongera kwibaza ku mubano wa Coach Gael na Bruce Melodie.

Kugeza ubu ariko, nta gihamya igaragaza ko aba bombi batandukanye cyangwa bahagaritse gukorana, kuko nta ruhande na rumwe ruragira icyo rutangaza kuri ayo makuru.

Bruce Melodie na Coach Gael batangiye gukorana mu mwaka wa 2021, ubufatanye bwagize uruhare rukomeye mu kuzamura ibikorwa by’uyu muhanzi.

Muri iyo myaka, Bruce Melodie yagabye ibikorwa bye ku rwego mpuzamahanga, akorana n’abahanzi bazwi barimo Diamond Platnumz, Joeboy, Shaggy na Bien, anitabira ibitaramo bikomeye ndetse agirana ibiganiro n’ibitangazamakuru mpuzamahanga.

Mu 2025 yasohoye album yise "Colorful Generation", yamamajwe mu bukangurambaga bwashowemo amafaranga menshi, ikomeza gushimangira izina rye ku rwego mpuzamahanga.

207 0
Usubiza:
pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Contact

KIGALI/NYARUGENGE

+250783046313

+250788251903

info@imirasire.com

Follow Us
Newsletter
amakuru ni uberenganzira bwanyu kuyamenya natwe turasiye hirya no hino kubwanyu

© 2017 - 2026 Imirasire.rw. All Rights Reserved. Design by IMIRASIRE