Kuri uyu wa 31 Mutarama 2026, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yamaze gutandukana n’umunyezamu wayo Pavelh NDZILA, nyuma y’uko impande zombi zumvikanue ku gusesa amasezerano y’akazi bari bafitanye.
Mu itangazo yanyujije kuri x, Rayon Sports yagize iti: "Uyu munsi, Pavelh NDZILA yarasezeye ku ikipe kuko impande zombi zemeranyije gutandukana mu mahoro. Turamushimira ku bwitange yagaragaje kandi tumwifuriza amahirwe masa mu bihe biri imbere."
Uku gutandukana kuje nyuma y’uko uyu munyezamu Pavelh NDZILA yari amaze Igihe atagaragara mu bakinnyi 18 batoranywa n’abatoza ba Rayon Sports ngo bifashishwe mu mikino.
© 2017 - 2026 Imirasire.rw. All Rights Reserved. Design by IMIRASIRE