Umuyobozi wa Anglican ku Isi yeguye nyuma yo kunanirwa gukemura ikibazo cy’ihohoterwa
Iyobokamana 13 November 2024

Arikiyepisikopi wa Canterbury akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Itorero Angilikani ku Isi, Justin Welby, yeguye ku nshingano ze ku wa Kabiri.

Mu itangazo yashyize ahagaragara, Welby yagize ati: "Mbisabiye uburenganzira, Nyiricyubahiro Umwami, nafashe icyemezo cyo kwegura nka Arikiyepisikopi wa Canterbury."

Ubu bwegure bwe buje nyuma y’aho hagaragaye amakuru y’uko yakiriye raporo ivuga ku ihohoterwa ryakorewe abahungu n’umuhungu Musenyeri John Smyth, ariko ntiyayishyikiriza inzego zishinzwe iperereza.

Iyo raporo ivuga ko Musenyeri Smyth yahohoteye abana 130 mu bikorwa bya gikirisitu yari ayoboye mu myaka ya 1970 na 1980.

Byamenyekanye mu cyumweru gishize ko mu mwaka wa 2013, Welby yashyikirijwe iyo raporo ivuga ku bikorwa bya Smyth, ariko ntiyabimenyesha inzego zishinzwe umutekano kugira ngo zikurikirane iki kibazo mbere y’uko Smyth apfa mu 2018.

Musenyeri Smyth, wagiriye muri Afurika mu 1984, bivugwa ko yakomeje ibikorwa by’ihohoterwa kugeza apfuye.

Ibi byateye impungenge zikomeye ku mikorere y’ubuyobozi bw’Itorero Angilikani, bikaba aribyo byatumye Welby afata icyemezo cyo kwegura.

Ni igihe gikomeye cy’ubusesenguzi ku mikorere n’uburyo Itorero ryakwitanga mu kurinda abana n’abakene mu murimo w’Itorero.

1692 123

Leave a comment

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Shakira Aha

Advertisement

izindi nkuru

AUDIO

like you by kevin kade,syn and devis d
Contact

KIGALI/NYARUGENGE

+250783046313

+250788251903

info@imirasire.com

Follow Us
Newsletter
amakuru ni uberenganzira bwanyu kuyamenya natwe turasiye hirya no hino kubwanyu

© 2017 - 2026 Imirasire.rw. All Rights Reserved. Design by IMIRASIRE